Abantu babiri bishwe n’ibintu biturika i Kampala ku minsi w’Abahowe Imana


Abantu babiri bapfuye inyuma y’igisasu cyaturikiye i Kampala, umurwa mukuru wa Uganda mu gihe icyo gihugu cyarimo kwizihiza umunsi wo kwibuka Abahowe Imana.
Byabereye hafi y’imwe mu nyubako zo gusengeramwo aho abakiristu ibihumbi byinshi bari bateraniye.
Abapfuye ni umugabo n’umugore bagendaga kw’ipikipiki nk’uko bivugwa n’ibinyamakuru byo muri ako gace.
Ariko Chris Magezi, umuvugizi w’inzibacyuho w’ingabo z’igihugu, yavuze ko abo bapfuye bari abakora iterabwoba bahagaritswe mu gihe bari bafite ibisasu bikomeye.
