Amakuru

Colombia: Umwana w’imyaka 15 wahamijwe kurasa umukandida ku mwanya wa Perezida yakatiwe gufungwa imyaka irindwi

Urukiko rwa Colombia rwakatiye igifungo cy’imyaka irindwi umusore w’imyaka 15 uherutse kurasa ku buryo bukomeye umukandida wiyamamarizaga umwanya wa Perezida w’iki gihugu, Miguel Uribe Turbay, bikaza no kumutwara ubuzima nyuma y’amezi abiri.

Ibi byabaye ku wa 7 Kamena 2025, ubwo Uribe yari mu bikorwa byo kwiyamamaza mu Murwa Mukuru wa Bogotá. Uwo musore wari ukiri muto yarashe amasasu atatu, abiri amufata mu mutwe, irindi rimufata mu ivi. Uribe yahise ajyanwa igitaraganya mu bitaro, ariko yitaba Imana ku wa 11 Kanama 2025 nyuma yo kumara igihe kinini avurirwa ibikomere.

Abashinzwe umutekano batangaje ko uwo mwana yari atunze intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Urukiko rwamuhamije ibyaha birimo kugerageza kwica no gutunga intwaro mu buryo butemewe n’amategeko.

Amategeko ya Colombia ateganya ko iyo umwana utarageza ku myaka 18 yemeye icyaha, igihano cye kigabanywa ugereranyije n’icyari gutangwa iyo aba akuze, nubwo icyaha cye cyaba cyaraviriyemo urupfu rw’uwarashwe.

Uribe wari uzwiho gukundwa cyane n’urubyiruko, yari mu banyamuryango b’ishyaka ryashoboraga kwegukana intsinzi mu matora ya Perezida. Urupfu rwe rwasigiye igihugu akababaro n’ipfunwe rikomeye ku mutekano w’abakandida b’Abanyapolitiki.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *