Amakuru

TWITABIRE IMBONEZAMIKURIRE TURANDURE IGWINGIRARY’ABANA BATO

  1. Ibonezamikurire y’abana bato ni iki ?
    Mu Rwanda, imbonezamikurire y’abana bato ari yo ECD (Early Childhood Development) ni
    urusobe rwa serivisi zinyuranye zihabwa umwana kuva agisamwa kugeza yujuje imyaka
    itandatu hagamijwe ko akura neza mu gihagararo, mu bwenge, mu mibanire n’abandi, mu
    mbamutima, mu mutekano kandi uburenganzira bwe bukabungabungwa.
  2. Imbonezamikurire y’abana bato mu kurwanya igwingira ry’abana bato
    Kugwingira ni iki ?
    Kugwingira n’ingaruka z’imirire mibi no kurwaragurika bya hato na hato ndetse no
    kutitabwaho k’umwana.
    Kugwingira biterwa n’iki ?
    Kugwingira biterwa no kuba umwana atarabonye indyo yuzuye igihe kirekire no
    kurwaragurika
    Kugwingira bihombya iki igihugu ?
    Abahanga mu by’ubukungu bemeza ko igwingira rigabanya ubukungu bw’igihugu ku kigero
    cya 3% by’umusaruro mbumbe w’igihugu. Umwana wagwingiye ntatanga umusaruro nk’uwa
    mugenzi we bangana utaragwingiye, bityo n’ubukungu bukadindira.
    Kuki ari ngombwa gushora mu mwana ?
    Gushora mu mwana mu kugabanya igwingira bigira inyungu nyinshi haba ku muryango no
    ku gihugu. Abahanga mu by’ubukungu bavuga ko iyo ishoye ifaranga rimwe mu kurwanya
    igwingira ribyara inyungu ikubye inshuro16 iyo umwana akuze.
  3. Ibyiza byo kwita ku mwana hakiri kare
     Ni ngombwa kwita ku mwana hakiri kare kuko hafi ya 80% by’ubwonko bwe biremwa
    mu myaka itandatu yambere. Iyo umwana agwingiye mu bwonko, mu mitekereze ye no
    mu gihagararo, aba atakaje amahirwe atazongera kugaruka no mu bukuru bwe.
     Ababyeyi bafite inshingano yo kwita ku mirire myiza y’umwana, isuku ye, iy’ibikoresho
    n’aho batuye, uburere buboneye, no kumurinda ihohoterwa iryo ariryo ryose
     Kwita ku mwana hakiri kare bimurinda kugwingira
     Umwana witaweho hakiri kare, akura neza, atsinda neza mu ishuri kandi amenya gufata
    ibyemezo bikwiye uko agenda aba mukuru.
    Umwana wanjye Ishema ryanjye
     Kwirinda biruta kwivuza. Kuvura ingaruka mbi ku mwana utaritaweho kare birahenda.
    Hari n’ubwo bidashoboka kuko nyuma y’imyaka ibiri kugwingira mu gihagararo
    mitekerereze ntibivurwa.
  4. Ibyingenzi byo kwitabwaho mu mbonezamikurire y’umwana muto
    Ababyeyi bombi ni bo ba mbere bashinzwe kwita ku mikurire myiza y’abana babo. Ababyeyi
    n’abandi barera abana, bagomba kwita kuri ibi bikurikira:
    4.1. Imirire:
     Umubyeyi utwite afata indyo yuzuye, bikarinda umwana we hakiri kare kugwingira
     Umubyeyi utwite akurikirana ubuzima bwe n’ubw’umwana yitabira kwipimisha kwa
    Muganga inshuro enye zagenwe. Mu gihembwe cya mbere, ahabwa ibinini by’ubutare na
    Aside Folike bimurinda kugira ikibazo cy’ibura ry’amaraso mu mubiri
     Umwana ukivuka ashyirwa ku ibere mu miota 30 ya mbere bikamwongerera
    ubushyuheno guhumeka neza kandi bigafasha nyina guhembera
     Umwana atungwa n’amashereka ya nyina gusa nta kindi avangiwe mu gihe cy’amezi
    atandatu. Nyuma y’amezi atandatu, akomeza konka ari na ko ahabwa imfashabere igizwe
    n’indyo yuzuye
     Kuva umwana akivuka ahabwa inkingo zateganyijwe zose kugeza afite amezi 15
     Gupimisha abana buri kwezi kwa muganga cyangwa mu bajyanama b’ubuzima ngo
    bakurikirane imikurire yabo
     Ababyeyi bagomba kwitabira igikoni cy’umudugudu, kugira umurima w’igikoni, kandi
    bagaha abana babo amafunguro arimo ibyubaka umubiri, ibitera imbaraga n’ibirinda
    indwara.
    4.2. Isuku yo kumubiri, iy’bikoresho no mu rugo kugirango indwara zose zitewa
    n’umwanada zitagera kumwana
    4.3. Uburere buboneye mu muryango: Ababyeyi batanga uburere bwiza, urukundo,
    ubusabane n’abana babo, bakaba intangarugero mu myifatire n’ibikorwa byiza byubakiye
    ku ndanagagaciro z’umuco nyarwanda.
    4.4. Kurinda umwana ihohoterwa ryose: Kurinda umwana ihohoterwa ryaba irishingiye
    ku mvugo mbi, ibitutsi, inkoni, kuvangura abana, kubakoresha imirimo irenze ubushobozi
    bwabo. Ibihano bibabaza umubiri ntibyemewe.
    4.5. Gutegura umwana kare kwiga: ababyeyi bagomba gufasha umwana kubona servisi
    mbonezamikurire mu bigo mbonezamikurire bibegereye cyangwa amashuri y’inshuke
    agategurwa hakiri kare bikamufasha gukangura ubwonko, kuziga neza no gutsinda
    amasomo igihe atangiye amashuri abanza.
    4.6. Kutavangura abana: Abana bose baba abakobwa cyangwa abahungu bagomba
    kwitabwaho kimwe nta tonesha cyangwa ivangura iryo ari ryo ryose. Abana bafite
    ubumuga n’ibindi bibazo byihariye bitabwaho by’umwihariko.
  5. Ubufatanye mu gushyigikira gahunda zigamije kurandura igwingira
    Umwana wanjye Ishema ryanjye
    Inzego z’ubuyobozi, iz’ubuzima, ababyeyi n’abandi bafatanyabikorwa bagomba
    gukurikiranira hafi gahunda zashyizweho na Leta mu rwego rwo kurandura igwingira
    ry’abana bato. Muri zo hari:
     Gahunda yo gutanga amata mu bana bagaragaweho ikibazo cy’imirire mibi. Iyi serivisi
    itangirwa mu bigo nderabuzima
     Gahunda y’inkongoro y’umwana mu mashuri y’inshuke no mu ngo mbonezamikurire
    y’abana bato
     Gahunda ya Shisha kibondo ku bagore batwite n’abonsa hamwe n’abana bafite hagati
    y’amezi 6 kugeza na 24 bo mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe
     Gahunda y’igikoni cy’umudugudu no kwigisha uko bategura indyo yuzuye
     Gahunda yo gutanga intungamubiri nyunganirabiribwa nka Vitamin A, ubutare, Zinc, na
    Ongera-intungamubiri
     Gahunda y’akarima k’igikoni karimo imboga zinyuranye kuri buri rugo
     Gahunda zo kuboneza urubyaro bigamije imikurire myiza y’abana
     Gahunda y’umugoroba w’ababyeyi mu kunoza imibanire, guteza imbere imiryango no
    kurwanya amakimbirane mu ngo…
  6. Ingo mbonezamikurire, igisubizo mu kurwanya kugwingira kw’abana bato
    Serivisi z’imbonezamikurire zitangirwa mu muryango no mu ngo mbonezamikurire y’abana
    bato zaba izo mu ngo, mu bigo by’abishyize hamwe, mu bigo by’amashuri n’ahandi hose
    abarera abana bahisemo inyubako zibafasha kwita ku mikurire myiza y’abana.
    Abana barerewe mu ngo mbonezamikurire babonera hamwe serivisi zinyuranye zihabwa
    abana bari munsi y’imyaka itandatu zirimo iz’imirire, ubuzima buzira umute, isuku n’isukura,
    gukangura ubwonko bwabo no kubategura kwiga amashuri abanza mu mutekano ukwiye.
    Uretse ingo mbonezamikurire zishingiye ku miryango no ku bigo by’iamashuri, birashoboka
    ko ingo Mbonezamikurire y’Abana Bato (ECD) zishyirwaho ku rwego rw’umudugudu.
    Ababyeyi mu midugudu bashobora kwishyira hamwe, mu matsinda y’ingo ziri hagati ya 10
    na 15 bakagena urugo abana babo bari munsi y’imyaka itandatu bajya bahuriramo, maze
    bakajya ibihe byo kwita kuri abo bana. Abayobozi, abikorera, abanyamadini n’abandi
    bafatanyabikorwa barakangurirwa kubigiramo uruhare.
    Umwana wanjye Ishema ryanjye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *