Imyidagaduro

Dembélé yegukanye Ballon d’Or 2025, ahigitse Lamine Yamal

Paris, 23 Nzeri 2025 – Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa ndetse na Paris Saint-Germain, Ousmane Dembélé, ni we wegukanye Ballon d’Or 2025, ahigitse Lamine Yamal wari uhanzwe amaso na benshi. Ni ku nshuro ya mbere uyu mukinnyi w’imyaka 28 yegukanye iki gihembo gituruka kuri France Football, kiza ku isonga mu gutanga icyubahiro ku bakinnyi bitwaye neza ku Isi.

Ibi birori byabereye muri Théâtre du Châtelet i Paris ku mugoroba wo ku wa Mbere, byakurikiwe n’abantu barenga miliyoni 400 ku Isi hose. Byasusurukijwe n’umuhanzi w’Umunya-Canada Charlotte Cardin, byitabirwa n’abakinnyi, abatoza, abayobozi n’abahoze ari ibyamamare mu mupira w’amaguru.

Dembélé, umwaka udasanzwe mu mateka ya PSG

Dembélé yegukanye Ballon d’Or nyuma y’umwaka udasanzwe aho yafashije PSG kwandika amateka mashya, yegukana UEFA Champions League bwa mbere, anongera gutwara Shampiyona y’u Bufaransa, Coupe de France n’Igikombe kiruta ibindi (French Super Cup).

Mu mikino 59 yakiniye PSG, Dembélé yatsinze ibitego 37 atanga imipira 17 ivamo ibindi, bituma ahabwa amajwi menshi kurusha abandi bose.

“Ni inzozi zidasanzwe kuba hano ndi mu bandi bakinnyi b’ibihe byose, kandi nishimira ko umuryango wanjye ndetse n’abafana ba PSG babigizemo uruhare,” ni ko Dembélé yavuze ubwo yemererwaga igihembo cye.

Lamine Yamal, icyizere cya FC Barcelone

Nubwo ataritwaye Ballon d’Or, Lamine Yamal w’imyaka 18, ukinira FC Barcelone, yegukanye Kopa Trophy ku nshuro ya kabiri yikurikiranya. Iki gihembo gihabwa umukinnyi mwiza utararenza imyaka 21.

Mu mwaka w’imikino ushize, Yamal yabaye inkingi ya mwamba ya Barça, atsinda ibitego 21 agatanga assists 22, bigira uruhare mu kwegukana La Liga na Copa del Rey.

Ku ruhande rw’abagore, Victoria López wa FC Barcelone yegukanye Kopa Trophy mu cyiciro cy’abagore.

Abandi begukanye ibihembo bikomeye

  • Ballon d’Or y’Abagore: Aitana Bonmatí (FC Barcelone & Espagne) ku nshuro ya gatatu yikurikiranya.
  • Gerd Müller Trophy: Viktor Gyökeres (Arsenal) na Ewa Pajor (FC Barcelone Féminine) nk’abatsinze ibitego byinshi.
  • Yashin Trophy: Gianluigi Donnarumma (Manchester City & U Butaliyani); mu bagore, Hannah Hampton (Chelsea & Ubwongereza).
  • Umutoza w’Umwaka: Luis Enrique (PSG) mu bagabo na Sarina Wiegman (Ubwongereza) mu bagore.
  • Ikipe y’Umwaka: PSG mu bagabo na Arsenal mu bagore.
  • Socrates Award: Umuryango Xana Foundation wo muri Espagne, bitewe n’ibikorwa by’ubumuntu binyuze mu mikino.

Ibihembo byashyikirijwe abegukanye na bamwe mu ntwari zigeze gutwara Ballon d’Or barimo Andrés Iniesta (2011, 2013) na Ronaldinho (2005).

Ibirori byayobowe na Ruud Gullit wegukanye Ballon d’Or mu 1987, afatanyije n’umunyamakuru w’Umunyaburayi, Kate Scott.

.

Ousmane Dembélé asuhuzanya na Lamine Yamal

Uko Ousmane Dembélé yageze ahatangiwe ibihembo yambaye

Ousmane Dembélé na Lamine Yamal bahuye mbere y’itangwa ry’ibihembo

Myugariro wa Liverpool, Virgil van Dijk, yitabiriye ibi birori

Lamine Yamal na Pau Cubarsí ba FC Barcelone baserukanye mu birori

Lamine Yamal ni umwe mu bakinnyi bitwaye neza mu mwaka ushize

Lamine Yamal yaherekejwe na Se muri ibi birori

Umunyezamu wa Liverpool, Alisson Becker, ni uku yaserutse mu birori

Viktor Gyökeres wa Arsenal ari mu bakinnyi bahembwe

Gianluigi Donnarumma yaserukanye n’umukunzi we

Umusesenguzi w’umupira w’amaguru, Lothar Matthäus, yitabiriye ibirori byo gutanga Ballon D’Or

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza, Sarina Wiegman, yahize abandi mu bagore

Victoria López wa FC Barcelone y’Abagore yashyikirijwe igihembo cye

Victoria López wa FC Barcelone y’Abagore yahawe igihembo cy’umukinnyi mwiza ukiri muto

Lamine Yamal yahawe igihembo cy’umukinnyi witwaye neza ukiri muto

Lamine Yamal yahize abandi mu bakiri bato

Kenan Yıldız wa Juventus yitabiriye ibirori ari kumwe n’umukunzi we

Perezida wa FC Barcelona, Joan Laporta, ahoberana na rutahizamu we, Raphinha

Viktor Gyökeres yahembwe nk’umukinnyi watsinze ibitego byinshi

Abakinnyi ba Arsenal y’Abagore bagiye gufata igihembo cy’ikipe nziza mu bagore

Ronaldinho ni we watangaje umukinnyi wegukanye Ballon D’Or 2025

Umugore wa Diogo Jota ari we Rute Cardoso yitabiriye ibirori byashimiwemo umugabo we witabye Imana

Gianluigi Donnarumma yifotoreza ku gikombe cye

Serhou Guirassy n’umugore we bajyanye mu birori bya Ballon D’Or

Ousmane Dembélé aganira na Gianluigi Donnarumma bahoze bakinana

Uko Aitana Bonmatí yaserutse mu birori byo gutanga Ballon D’Or

Aitana Bonmatí yegukanye Ballon d’Or ya gatatu yikurikiranya

Aitana Bonmatí akomeje kwandika amateka mu mupira w’amaguru w’abagore

Ubwo Aitana Bonmatí yari amaze guhabwa Ballon D’Or ya gatatu

Ubwo Ousmane Dembélé yerekezaga gufata igihembo cye

Ousmane Dembélé yegukanye Ballon D’Or ya 2025 nyuma yo gufasha Paris Saint Germain mu mwaka ushize

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *