Ibibazo abamotari bahura nabyo birimo: guhohoterwa nabagenzi,kwandikirwa konterevasiyo, Kubera parikingi zidahagije

Abamotari bo mu Mujyi wa Kigali batangaje ko bugarijwe n’ibibazo baterwa n’ubuke bwa parikingi bashyiriweho, birimo kubatera guhohoterwa n’abagenzi nk’igihe uwateze moto bamusize ahari parikingi kandi ari kure y’aho yari agiye, no kwandikirwa bya hato na hato bituma ntacyo bacyura mu mafaranga bakoreye.
Hakorimana Etienne utwara abagenzi kuri moto, yabwiye Itangazamakuru ko abona iyo umumotari aciwe amande kubera ko agejeje umugenzi aho yari agiye hatari muri parikingi aba arenganyijwe.
Uyu mugabo asaba ko inzego zibishinzwe babemerera nibura kugeza umugenzi aho agiye bagahita bahava badategereje undi mugenzi.
Ati ‘‘Turibaza, moto ni umwanda ku buryo guhagarara ukuraho umugenzi bakabaye bahita bakwandikira? Ukwandikiye ari kubona ko uri gukuraho umugenzi wenda uhita ugenda. We akwandikiye 10000 Frw, mu gihe umugenzi aguhaye 1000 Frw. Urumva ko wowe urongeraho ibihumbi 9000 Frw kugira ngo ubashe kwishyura ya mande baguciye. Mu gihe njye ntagejeje wa mugenzi aho agiye, ni ikibazo ku mugenzi, kandi nanjye ubwanjye ni ikibazo kuri njye. Umugenzi arababara cyane.’’
Iradukunda Janvier na we utwara abagenzi kuri moto, yasobanuye ko hari abagenzi basiga ahari parikingi bakagira umujinya kubera ukuntu ari kure, bagakubita abamotari ndetse bagatura ‘Casques’ za moto hasi nk’umujinya batewe n’uko moto ibasize kure, hakaba ubwo abagenzi bishyura amafaranga make, cyangwa bakanga kwishyura.
Kuri Habimana Bonaventure ngo ibibazo byugarije abamotari birimo cyane cyane amande menshi bandikirwa rimwe na rimwe barenganywa kubera gusa gusiga umugenzi aho agiye hatari muri parikingi.
Ati ‘‘Ntabwo baba bakwandikiye ibihumbi 30 Frw uzi ko umwana ku ishuri bamwirukanye, uzi ko wari gutangaho ibihumbi 10 Frw, nurangiza ngo uze kuvuga ngo uragenda utekanye. […] hari n’igihe uhura n’umumotari ukagira ngo arakureba ariko atakureba atekereza amande bamwandikiye ya hato na hato atanakoze iryo kosa, yarangiza we akagwa no mu modoka.’’
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Rutikanga Boniface, yahamirije IGIHE ko kenshi abamotari bandikirwa amande muri ubwo buryo ari ababa bahagaze ahatemewe ugasanga barahateza akavuyo kandi hari ibindi bihakorerwa nk’ubucuruzi ugasanga babangamiye abahakorera.
ACP Rutikanga yavuze ko niba bijya bibaho ko umupolisi yandikira ihazabu y’ikosa amurenganya bikwiye kurebwaho bigakosorwa.
Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Ntirenganya Emma Claudine, yabwiye IGIHE ko parikingi z’abamotari zashyiriweho guca akajagari, bityo ko abamotari ndetse n’abagenzi, bakwiye kubanza kumva akamaro kazo na mbere y’uko zongererwa umubare.

Abamotari baparika moto mu Mujyi, munsi ya Gare ya Downtown bavuze ko hari abagenzi babamenera casque kubera ko batabagejeje aho bagiye
