U Rwanda rugerwaho n’abagore barenga 700 basanganwa kanseri y’inkondo y’umura buri mwaka
Kanseri y’inkondo y’umura ikomeje kwegera hejuru mu ndwara zibasira abagore mu Rwanda, ikaza ku mwanya wa kabiri nyuma ya kanseri y’ibere. Amakuru aturuka mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) agaragaza ko buri mwaka habarurwa abagore barenga 700 banduye iyi ndwara, kandi igahitana umwe mu bantu batandatu bahitanwa na kanseri.
Ibi byatangajwe ku wa 17 Ugushyingo 2025 ubwo hatangizwaga ubukangurambaga bushya bugamije gushishikariza abagore kwisuzumisha, hagamijwe gukumira no kuvura hakiri kare.
Umubare w’abandura uriyongera buri mwaka
Imibare ya RBC igaragaza ko mu 2007 abanduye iyi kanseri bari 633, ariko mu 2022 bageze kuri 5,263, bikerekana ukwiyongera gukabije kw’iki kibazo mu myaka micye ishize. Hagati ya 2016 na 2022, iyi kanseri yahitanye abantu 747.
Dr. François Uwinkindi, uyobora Ishami rishinzwe indwara zitandura muri RBC, avuga ko ariyo mpamvu u Rwanda rwihaye intego yo gukuraho burundu kanseri y’inkondo y’umura bitarenze 2027.
Inzira eshatu z’ingenzi zo kuyirinda no kuyirandura
Dr. Uwinkindi asobanura ko kugira ngo igihugu kemeze ko cyatsinze iyi ndwara, hakenewe:
- Gukingira abana b’abakobwa bafite hagati y’imyaka 12–17;
- Gusuzuma abagore bafite imyaka 30–50 buri myaka itanu cyangwa 10;
- Kuvura abafite ibimenyetso cyangwa abamaze gusanganwa indwara.
Nubwo u Rwanda rwatangiye gukingira abana b’imyaka 12–15 guhera mu 2011, ubu bukingira bwageze ku kigero cya 90%, gihwanye n’icyo OMS isaba. Ariko ikibazo gikomeye kigihari, nk’uko Uwinkindi abivuga, ni abagore bari hejuru y’imyaka 30 batitabira kwisuzumisha ku gipimo gikwiriye.
Ati: “Ubu turi kuri 30% mu bagore biyisuzumisha, nyamara intego ni uko mu 2027 tuzaba tugeze kuri 70%.”
Kwisuzumisha ni ubuntu kandi birakorwa hose
Mu bukangurambaga bwatangiye, RBC irahamagarira abagore bafite imyaka 30–49 kwihutira kwisuzumisha ku bigo nderabuzima byose, kuko bikorwa ku buntu. Abagaragaje ibimenyetso bakavurirwa ku bitaro byose, ndetse hari n’ibitaro byabigenewe byita ku barwayi ba kanseri.
Iyi kanseri iterwa na HPV kandi ishobora kuvurwa iyo bayimenye kare
Kanseri y’inkondo y’umura iterwa n’agakoko HPV (Human Papilloma Virus). Ako gakoko ntigatanga ibimenyetso byihuse, ariko iyo kanseri imaze kubaho hagaragara:
- amaraso ava mu gitsina utari mu mihango,
- impumuro mbi,
- amatembabuzi adasanzwe.
Iyi ndwara ishobora kwandurira mu buryo butandukanye, harimo n’imibonano mpuzabitsina.
Dr. Euloge Nzabonankira, inzobere mu gusuzuma no kuvura iyi kanseri, avuga ko igihe bayimenye hakiri kare nta kibazo kiba gihari:
Ati: “Iyo umugore yisuzumishije hakiri kare tubasha kubona ibimenyetso by’imbere ya kanseri, bigakurwaho umuntu agakira burundu.”
Anongeraho ko abagore batinya kwisuzumisha bibeshya ko ibizamini biryana cyangwa bibabaza, nyamara byinshi babikora biyifatiye ubwabo hanyuma bakabyohereza kwa muganga.
Abagore barasabwa guca amakuru atari yo bakagana abaganga
Mugwaneza Aliane, umwe mu bisuzumishije, yavuze ko hari amakuru menshi atari yo avugwa n’abaturage ku bijyanye n’iyi kanseri.
Ati: “Hari abavuga ngo kuyisuzumisha birababaza cyangwa ko ari ukwandura umura; ibyo byose si byo. Iyo ugeze kwa muganga nibwo ubona ibisobanuro nyakuri.”
Uburyo intego yo kuyirandura mu 2027 izagerwaho
Mu rwego rwo kugera ku ntego yo kuyirandura burundu mu 2027, abakangurambaga b’ubuzima bari gukora ibarura ku bagore bose bafite hejuru y’imyaka 30, ndetse n’abo barimo kubana na virusi itera SIDA bafite hejuru y’imyaka 25, kuko baba bafite ibyago byinshi.

