Imikino

Bayer Leverkusen yatandukanye n’umutoza Erik ten Hag nyuma y’iminsi 62 ayoboye ikipe

Nyuma y’ukwezi kurenga gato ayoboye Bayer Leverkusen, ubuyobozi bw’iyi kipe bwahisemo gutandukana n’umutoza Erik ten Hag kubera umusaruro utari mwiza wagaragaye mu ntangiriro za shampiyona ya Bundesliga.

Ten Hag wari wahawe ikipe yegukanye igikombe cya Bundesliga ku nshuro ya mbere mu mateka yayo, yatangiye imikino y’uyu mwaka atitwara neza. Leverkusen yatsinzwe na Hoffenheim ibitego 2-1 mu mukino wa mbere, ikurikizaho kunganya na Werder Bremen ibitego 3-3, aho yari yayoboye 3-1 Bremen igasigara ikina ari abakinnyi 10 gusa ariko igahita iyishyura ibitego bibiri mu minota ya nyuma.

Uko gutsindwa n’ayo makosa y’umutekano w’inyuma byakuruye impungenge mu bafana n’ubuyobozi, byatumye bafata icyemezo cyo kumuhambiriza ataramara kabiri ayoboye ikipe.

Bayer Leverkusen yari yaragaragaje urwego rwo hejuru cyane mu mwaka ushize ubwo yari ifite umutoza Xabi Alonso wayihesheje igikombe cya Bundesliga idatsinzwe na rimwe, ibintu bitari byarabayeho mu mateka yayo. Icyo gihe kandi, abakinnyi benshi b’ingenzi bari bahari ariko nyamara nyuma y’intsinzi, benshi bagurishijwe ku makipe akomeye i Burayi.

Abakinnyi bavuye muri Leverkusen barimo Florian Wirtz, Jeremie Frimpong, Granit Xhaka, Jonathan Tah, Amine Adli, Piero Hincapie na Odilon Kossounou, bituma ikipe isigara ifite icyuho mu mikinire cyiyongera ku kibazo cy’abatoza bashya.

Ubuyobozi bwa Leverkusen burateganya gushyiraho umusimbura mushya mu minsi ya vuba kugira ngo ikipe isubire ku murongo mbere y’uko shampiyona irushaho gukomera.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *